403 Forbidden
May 30, 2023

 

-EseĀ  ubuzima bushobora kuba bworoshye cyane kurusha uko mbitekereza?

-Ese ibibazo byoze bitubaho bishobora kuzana amahirwe?

-Ese Ā iyo nirwaniriye ngahangayikishwa n’ubuzima niho mbona ibyiza?

– Ese koko abantu bafite ubutunzi bwinshi nibo bigora cyane mu buzima?

Numara kwibaza kuri ibi bibazo uragira ku kintu kimwe Ā kitwa ngo: ā€œubuzima si ukwigora ahubwo ubuzima ni ukumenya no kwemera ubushake bw’Imana muri wowe bukaba aribwo bukoraā€hano nimvuga kutigora ntiwumve kudakora;kwigora no kudakora ni ibintu bibiri bitandukanye;ushobora gukora inshingano zawe neza kandi utigoye utanirwaniriye cyane.

Reka mbahe urugero:

Urugero turakorana mu kazi; nza mukazi ngakora akazi kanjye ngataha ,wowe urakora warangiza akazi ukajya k’umuyobozi wacu;ukavuga ko ariwowe ukora neza,ko ari wowe muhanga ,ko abo mukorana bica akazi ,ko uramutse udahari akazi kapfa;ibyo ubikoreye kugirango nihaboneka amahirwe yo kuzamura abakozi mu ntera cyangwa nibashaka uwo batuma m’ubutumwa bw’akazi bazaguhereho kuko wimenyekanishije.iki gihe urirwaniriye ibyo ushaka nunabibona nta munezero uzabigiriramo,ariko njyewe mfitiye ikizere Imana,nzi neza ko Imana nishaka kumpa promotion mukazi nzayibona ,nzi neza ko icyo Imana yandemeye kingeraho ntirwaniriye ntabanje gusebya abandi;iki gihe ndi gushyira mubikorwa iri hame rya Deepack Chopra yise’’moindre effort’’

Hari umwanditsi witwa Geraldine bergon wanditse kuri iri tegeko muri 2014Ā  avuga ko 80% ry’ibisubizo tubona bituruka kuri 20% by’imbaraga zacu,ibindi 80 %bituruka aho nawe utazi utashobora no gusobanura uretse kuvuga ngo n’Imana yabikoze gusa.

 

Deepack chopra nk’umushakashatsi wambere wakoze ubushakashatsi ku bintu byatuma ugera ku ndoto zawe yagaragaje ko iri tegeko ryo kutigora ari imwe munkingi ikomeye yakugeza kucyo Imana yakuremeye kubacyo, avuga ko kureka ibintu byawe bigakorwa mu buryo busanzwe nkuko Imana yagennye ko ariko bigomba kugenda ari intambwe ikomeye y’ubuzima.

Deepak Chopra avuga ko ImanaĀ  yaremye ibimera, ikarema inyamaswa ,ikarema umuntu kandi byose yabiremeye uko bigomba kubaho.Ati Ā nkuko ibimera bitagerageza kumera ahubwo biramera,amafi ntabwo agerageza koga ahubwo aroga,inyoni ntigerageza kuguruka ahubwo ziraguruka ,indabo ntizigerageza guhumura ahubwo zirahumura niko n’umuntu yakagombye kugera kundoto ze m’uburyo busanzwe nkuko ibindi biremwa bigendera m’ubushake umuremyi wabyo yabishyizemo.

Akomeza agira ati isi ntigerageza kuzengurukaĀ  ahubwo irazenguruka, ati Ā nkuko umugisha ariwo kamere y’umwana ,kumurika bikaba kamere y’izuba,kurabagirana bikaba kamere y’inyenyeri,ninako kugera ku ndoto zawe ariyo kamere y’umuntu.

Uyu mugabo akomeza asobanura iri tegeko nkaho ari itegeko ryo kwemera kubaho mubitangaza by’Imana ubuzima bwawe bwose ukajya ubona ibikubaho ari ibitangaza gusa ,ibyo bigutera kubaho ushima umuremyi wawe wumva ko wowe ntacyo uricyo ko byose wabihawe n’Imana,iri tegeko kandi rirebana no guca bugufi ukemera ubushake bw’Imana kuri wowe.

Iri tegeko ryo kutigora rero rihagaririye ubwumvikane Ā n’urukundo , nkuko isi yubatswe mumbaraga z’urukundo kandi ikaba Ā idashobora kubaho igihe urukundo rutariho,ninako n’umuntu akwiye kwiga kuyoborwa n’imbaraga z’urukundo Ā kandi ko igihe cyose umuntu ashaka icyubahiro cyangwa igitinyiro abishakishiriza ku bandi aba ari gusenya imbaraga y’urukundo muri we icyo gihe iri tegeko uba wamaze kuryica.

Muri Bibibiliya, imigani 22:4 haravuga ngo uwicisha bugufi akubaha uwiteka ingororano ye ni ubukire ,icyubahiro n,ubugingo.Ntahandi ushobora kubonera icyubahiro uretse mu guca bugufi.

Abantu benshi rero bashakisha ubukire bashaka kwigaragaza kwerekana ko bazi gukora cyane kurusha abandi ,bashaka kwiba ibyabandi, bashaka kuriganya bagenzi babo,nagirango nkwibire ibanga ry’ubukire ko ari guca bugufi ukemera ubushake bw’umuremyi wawe bugakorera muri wowe ukemera imbaraga z’urukundo zikakuyobora maze ukareba ukuntuĀ  imigisha iba myinshi kubuzima bwawe.

Deepak chopra akomeza avuga ngo niba byakadushobokeye twakagombye gufata urugero kubindi biremwa kuko byo byubahiriza itegeko ry’umuremyi wabyo ryo kutigora ntibishakisha kubaho ahubwo bibaho.

Hari uburyo butatu ushobora gukora kugirango wubahirize lois de la moindre effort:

-Uburyo bwa mbere ni acceptation cyangwa se kwemera ;vuga ngo :

a.Nzemera ibihe (chaque situation ou circonstance)uko bizanyiyereka Ā kose

b.Nzemera Ā umuntu Ā wese uko azaza ameze kose nzamwakira uko ari ,uko situation izaza imeze kose nzayakira uko iri,nzatekereza ko uko bimeze ariko byakagombye kuba bimeze muri ako kanya ndimo.

Kubera ko uko witotombera ibihe arinako uba witotombera nyiribihe, uko witotombera abantu arinako uba witotombera uwaremye umuntu,ibyiza ni kwemera uko situation imeze ukabifata nkibyagombaga kuba gutyo.

-Uburyo bwa kabiri ni’’ responsabilite’’ bishatse kuvuga ko utagomba gufata ibyakubayeho ngo ubishyire kubandi, ngo utangire kubishinja umuntu runaka, ahubwo kumva ko ibyakubayeho ari wowe ubwawe wabiteye kandi ari nawe ugomba kubikemura.

Iyo uri responsable wumva inshingano ari izawe wumva ntawundi bireba,nushobora kubaho ubuzima bwokumva ko uri responsible wawe ukaba responsables wa evenements zose zikubaho ,ukaba responsible wa situation zose zikubaho bizakurinda kubaho utunga agatoki abandi ahubwo uzumva ko ariwowe ugomba guhindura iyo situation itagenze neza kandi urabishoboye nureba neza urasanga ibibazo bikubaho byinshi ariwowe ugira uruhare rwo kunabikemura .Ikibazo cyose kigira igisubizo kandi igisubizo niwowe ugifite,itoze kubaho wumva ko ufite ubushobozi bwo guhindura buri kintu cyose kikubayeho uko cyaba kimeze kose ukakibyazamo ikiza.Aha rero niho hari ibanga ryo kubana nabo wahisemo kubana nabo ,gukundana nabo wahisemo gukundana nabo, niho hari ibanga ryo kumenya ibyo ukeneye nibyo udakeneye ,niho hari ibanga ryo kumenya guhitamo neza kuberako ari inshingano zawe .

-Uburyo bwa gatatu washyira mubikorwa itegeko ryo kutigora Ā ni ā€˜ā€™abandon ā€˜ā€™ kurekura cyangwa Ā Ā se kureka .

Hano kurekura abisobanura nko kwemera kureka ubushake bwo gushaka kwemeza buri wese,

kureka gushaka kwemeza abandi,kumva Ā ko uko wumva ibintu ariko kuri ,kumva ko uko wumva ibintu aribyo byiza kurusha uko abandi babyumva .

Iyo urebye muri societe utuyemoĀ  iruhande rwawe usanga Ā 90% bigizwe n’abantu bashaka kwemeza abandi;arashaka kukwemeza ko azi gukora neza kukurusha,arashaka kukwemeza ko azi ubwenge kukurusha, arashaka kukwemeza ko azi gusenga

KukurushaĀ  ndetse azajya mu ijuru ugasigara.

Deepack chopra rero avuga ko kubaho ubuzima bwo kudashaka kwemeza abandi ari Ā aribyo byiza kuko nta mbaraga uzatakazaĀ  kandi birinda amakimbirane Ā hagati yawe n’abagenzi bawe ,muri make bigufasha kubaho nta muntu uha ubusobanuro bw’ubuzima bwawe kuko ari wowe wenyine wibereyeho bigatuma ubaho umunsi wawe nkaho ari impano Imana iguhaye,ukawunezererwamo.

Mu gifaransa baravuga ngo ā€˜ā€™le passĆ© est une histoire ,le future est un mystere,le present est un don’’(ibihe byashize ni amateka, ibizaza ntabwo ubizi Ā ariko uyu munsi ni impano )ukwiye kuwishimiramo ukawukoramo ibigushimisha

 

Nzashyira mubikorwa itegeko ryo kutigora :

-Nemera ko ibije byose ariko byagombaga kuba

-Nemera umuntu wese uko ari

-Nzamwakira uko ameze ntabwo nzamwakira nkuko nshaka ko amera

-Nzaba responsable wa buri kintu cyose mpuye ntacyo ntabwo nzagishyira kubandi kandi nzishakamo igisubizo .

-Nzareka gushaka kwemeza abandi kandi nzakira ibitekerezo byabandi byose nzabyumva ariko ntanakimwe nzaha agaciro kurusha ibindi .

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *